00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abagenzi bamaze amasaha babujijwe kujya mu bwiherero ku kibuga cy’indege mu Bwongereza

Yanditswe na IGIHE
Kuya 27 July 2026 saa 08:33
Yasuwe :

Abagenzi bari ku Kibuga Mpuzamahanga cy’Indege cya Gatwick mu Bwongereza bamaze amasaha menshi mu bibazo, nyuma y’uko amazi abuze mu nyubako zakira abagenzi, bigatuma ubwiherero bufungwa, restaurant n’utubari na byo bigahagarika ibikorwa.

Iki kibazo cyatangiye ku Cyumweru mu gitondo, nyuma y’uko umuriro ubuze ku ruganda rwa Bough Beech rutunganya amazi akoreshwa kuri icyo kibuga.

Ikigo SES Water gikwirakwiza amazi muri ako gace cyatangaje ko uwo muriro wateje ikibazo gikomeye kandi kidasanzwe, bituma amazi agabanuka cyangwa abura burundu.

Gatwick ni ikibuga cya kabiri gikorerwaho ingendo nyinshi mu Bwongereza buri mwaka.

Bamwe mu bagenzi bavuze ko bamaze amasaha bava ku bwiherero bumwe bajya ku bundi, ariko bagasanga bwafunzwe cyangwa umurongo ari muremure cyane.

Abandi bavuze ko hari aho bemererwaga kwinjira mu bwiherero, ariko ntibabone amazi yo gukaraba intoki cyangwa kumanura umwanda. Restaurant n’utubari byari byafunzwe kubera kutagira amazi meza yo gutegura amafunguro no kubahiriza isuku.

Ku Cyumweru nijoro, Gatwick yatangaje ko amazi yari yagarutse mu bice byinshi by’ikibuga.

Amazi yabuze kuri iki kibuga cy'indege, yatumye abagenzi benshi babura uko bajya mu bwiherero

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages