00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abagore bavuze ko umugore wa Perezida Macron yihinduje igitsina baburanye

Yanditswe na Ayera Belyne
Kuya 20 June 2024 saa 07:47
Yasuwe :

Urukiko rwa Paris mu Bufaransa kuri uyu wa 19 Kamena 2024 rwaburanishije Abafaransakazi Amandine Roy na Natacha Rey bavuze ko umugore wa Perezida Emmanuel Macron, Brigitte Macron, yihinduje igitsina.

Mu 2022 ubwo haburaga igihe gito ngo habe amatora ya Perezida ni bwo Brigitte yareze aba bagore, kubera amashusho bashyize ku muyoboro wa YouTube mu mpera za 2021, bavuga ko yahoze ari umugabo witwaga Jean Michel.

Amandine uvuga ko ari umupfumu, muri iki kiganiro cyamaze amasaha ane, yabwiye Natacha wari wamwakiriye ko ibyo kuba Brigitte yarihinduje igitsina atari inkuru mpimbano.

Ikinyamakuru France 24 cyo mu Bufaransa cyatantaje ko Amandine Roy ari we gusa wageze mu rukiko. Natacha we ntiyabonetse kubera impamvu y’uburwayi.

Amandine yabwiye urukiko ko Natacha usanzwe ari nyir’umuyoboro wa YouTube yashakaga gusangiza abantu ibyo we [Amandine] yakozeho ubushakashatsi mu myaka itatu.

Uyu Mufaransakazi yagaragaje ko yababajwe n’uko itangazamakuru risanzwe ritakurikiranye aya makuru acyemeza ko ari impamo kugira ngo riyatangaze. Ngo ntiyari guhisha ikibazo kiremereye nk’iki kandi akizi.

Uhagarariye Brigitte mu mategeko yavuze ko gukwirakwiza aya makuru yita ibihuha ari ukumuharabika bikabije, asaba ko batanga indishyi y’akababaro ingana n’amadolari 10.750.

Uru rubanza ruzasomwa ku wa 12 Nzeri 2024.

Amandine yashimangiye ko Brigitte Macron yihinduje igitsina

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages