00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abagororwa bo muri Ukraine bagiye kwifashishwa mu ntambara

Yanditswe na ⁠Ishimwe Hervine
Kuya 1 July 2024 saa 01:50
Yasuwe :

Ukraine yafashe icyemezo cyo gufungura abagororwa bakoze ibyaha bitandukanye birimo ubwicanyi kugira ngo bifashishwe mu ntambara ikomeje kubura gica hagati y’iki gihugu n’u Burusiya.

Abanyamakuru b’ibiro ntaramakuru by’Abanyamerika, Associated Press, batangaje ko basuye aho aba bagororwa bari gutorezwa mu majyepfo y’uburasirazuba bwa Ukraine, basobanurirwa icyo bitezweho.

Ngo babwirwaga bati “Mushobora kuyihagarika, mugatangira ubuzima bushya. Ikintu cy’ingenzi ni ubushake bwanyu kubera ko mugiye kurwanira igihugu cyababyaye. Ntabwo mukwiye gutsindira kuri 50%, ahubwo mukwiye kugeza kuri 100%, yewe na 150%.”

Iki cyemezo kigamije gufasha Ukraine kuziba icyuho cy’abasirikare barimo abapfiriye muri iyi ntambara yatangiye muri Gashyantare 2022 ndetse n’inkomere. Gusa ntabwo kireba abahamijwe ibyaha byo gusambanya, kwica abantu babiri kuzamura ndetse n’abahamijwe ibyo guhungabanya umutekano w’igihugu.

Minisitiri w’Ubutabera wungirije wa Ukraine, Olena Vysotska, yasobanuye ko nyuma yo gusuzuma abagororwa bujuje ibisabwa, ubu hamaze gufungurwa by’agateganyo abagera ku 3000 kandi bamaze kwinjizwa mu gisirikare.

Ati “Ibitekerezo byinshi byavuye mu bagororwa bashaka kugaruka mu rugo nk’intwari, aho kugaruka mu rugo bavuye muri gereza.”

Minisitiri Vysotska yatangaje ko aba bagororwa bahawe imyitozo yo gukoresha intwaro n’ibindi bikoresho by’intambara, yongeraho ko abandi 27.000 nibamara gusuzumwa, bazarekurwa.

Aba bagororwa bari kwigishwa gukoresha imbunda
Uyu musirikare yabasobanuriraga bimwe mu bice bigize imbunda n'umumaro wabyo

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages