Kugeza ubu, ntiharemezwa igihe iri tegeko rizatangira kubahirizwa n’uko rizashyirwa mu bikorwa, gusa hatangajwe ko mu mpera za Kamena 2026, bazaba bafite umushinga w’iri tegeko rishya wateguwe neza.
Abayobozi muri Autriche bemeza ko ibyago bizanwa n’imbuga nkoranyambaga byirengagijwe igihe kirekire bityo ko iki ari cyo gihe cyo kugira icyo bakora kugira ngo abana bagire umutekano n’ubuzima bwiza.
Autriche yiyongereye ku bindi bihugu na byo byafashe iya mbere mu kurinda abana.
Ibihugu nka Australie, Malaisie, Espagne na Indonésie byamaze gufata icyemezo cyo guhagarika ikoreshwa ry’imbuga nkoranyambaga ku bana bari munsi y’imyaka 16.
Mu Bufaransa haherutse kwemezwa umushinga w’itegeko nk’iri rikumira abana bari munsi y’imyaka 15 gukoresha imbuga nkoranyambaga nka TikTok, Instagram na Snapchat hagamijwe kurinda ubuzima bwabo bwo mu mutwe.
Mu Budage, u Bwongereza no muri Leta zimwe na zimwe muri Amerika hari kwigwa ku mategeko mashya ashobora gukumira abari munsi y’imyaka y’ubukure gukoresha imbuga nkoranyambaga zimwe na zimwe.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!