Polisi ya California ivuga ko aba bantu 14 barashwe n’abantu babiri bari bitwaje intwaro ndetse bambaye imyambaro ya gisirikare.
Mu masaha y’ijoro ahagana saa 11:30 zo muri California, kuri uyu wa Gatatu tariki 02 Ukuboza, nibwo abantu bitwaje intwaro batangiye kurasa ku mbaga y’abantu bari mu birori by’ikiruhuko mu cyumba cy’inama cy’ikigo cyita ku bageze mu zabukuru bafite ubumuga bunyuranye cya Inland Regional Center mu Mujyi wa San Bernardino.
Perezida wa Amerika Barack Obama, yavuze ko ubwicanyi bugambiriye guhitana imbaga y’inzirakarengane bukomeje kugaragara muri Amerika, ntaho buhuriye n’ibindi bitero bikomeje kugaragara ahandi ku Isi. Avuga ko hagiye gukorwa ibishoboka ngo ubu bwicanyi buhagaragare.
Uretse abo 14 bahise bahasiga ubuzima, 17 bakomeretse, ndetse umujyi wose wakwirakwijwe amagana y’abapolisi hagamijwe gushaka abagize uruhare muri iki gitero.
BBC ivuga Ikigo cy’ubutasi muri Amerika FBI n’ubuyobozi bwa California bavuga ko hari gusuzumwa intwaro aba bantu bari bafite ngo hamenyekane niba bari bagamije ibitero by’ubwiyahuzi.



















TANGA IGITEKEREZO