00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abantu 300 bishwe mu munsi umwe, Israel iri kwitegura ibitero byo ku butaka: Agezweho mu ntambara

Yanditswe na Bukuru JC
Kuya 15 October 2023 saa 08:45
Yasuwe :

Minisiteri y’Ubuzima muri Gaza yatangaje ko kuri uyu wa Gatandatu abaturage 300 aribo bishwe n’ibisasu Israel ikomeje kurasa kuri uwo mujyi mu gihe abasaga 800 bahakomerekeye.

Mu bishwe n’abakomeretse abenshi ni abana n’abagore nkuko iyo Minisiteri yakomeje ibitangaza.

Mu minsi umunani ishize uhereye igihe intambara hagati ya Israel n’umutwe wa Hamas yatangiriye, abanya-Palestine bamaze gupfa ni 2,329 naho 9,042 barakomeretse.

Ku ruhande rwa Israel ho hapfuye abasaga 1300, nyuma y’ibitero bitunguranye umutwe wa Hamas ubarizwa muri Gaza wagabye mu rukerera rwa tariki 7 Ukwakira 2023.

Ubwoba bukomeje kuba bwose ko intambara ishobora gufata indi ntera dore ko ingabo za Israel ziri kwisuganya ngo zigabe ibitero byo ku butaka muri Gaza, hagamijwe guhiga no gusenya ahantu hose hihise abarwanyi ba Hamas.

Abanya-Israel bafashwe bugwate na Hamas bashobora bafungiye munsi y’ubutaka

Umuvugizi w’igisirikare cya Israel (IDF), Lt. Col. Jonathan Conricus yatangaje ko nubwo bari kwitegura kugaba ibitero kuri Gaza, babizi neza ko atari akazi koroshye kuko ari agace gatuwe kandi kakaba kuzuyemo inzira zo munsi y’ubutaka zacukuwe na Hamas ari nazo ikoreramo.

Yavuze ko binashoboka ko abanya-Israel bashimuswe na Hamas bafungiwe muri inzo nzira zo munsi y’ubutaka, ku buryo nibagaba ibitero muri Gaza bazigengesera.

Ati “Birakomeye cyane ku gisirikare kigezweho kujya kurwanira mu gace nka kariya gacucitse. Turabizi neza ko Hamas ifite inzira nyinshi zo munsi y’ubutaka ari nazo bapangiramo ibitero, rero uburyo kurwana bikomeye turabyumva ariko twariteguye.”

Yavuze ko bazabigendamo gahoro ariko bakabohoza abaturage babo bagizwe ingwate na Hamas.

Lt. Col. Jonathan Conricus yavuze ko mu bitero bateganya kugaba kuri Gaza bazitwararika ku buryo nta baturage bazahababarira.

Amazi yabaye ingume muri Gaza

Amazi arabona umugabo agasiba undi muri Gaza

Ikigo gishinzwe amazi muri Gaza cyatangaje ko cyugarijwe n’ubuke bw’amazi ku buryo ayo gifite atari kubasha guhaza abaturage bugarijwe n’ibitero bya Israel muri uwo mujyi.

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku bikorwa by’Ubutabazi, OCHA kuri uyu wa Gatandatu ryatangaje ko benshi mu batuye Gaza nta mazi bafite.

Iryo shami ryatangaje ko ubu abaturage bayobotse ibishanga aho bari kuvoma amazi y’ibiziba ku buryo hari impungenge ko indwara zakwiyongera ziturutse ku mwanda.

Israel iherutse gutangaza ko igiye gufungura amazi n’umuriro Gaza ndetse n’ibikomoka kuri peteroli, kugeza ubwo Hamas izafungurira abanya-Israel yafashe bugwate.

Uburuhukiro bwabaye buke, hari kwifashishwa imodoka za Ice cream mu kubika imirambo

Uburuhukiro bw'ibitaro bwabaye buto hifashishwa imodoka zisanzwe zitwara Ice Cream

Uburuhukiro bw’ibitaro muri Gaza bwabaye buke ugereranyije n’imirambo ibitaro biri kwakira, hatangira kwifashishwa imodoka zisanzwe zitwara Ice Cream.

Izo modoka zitwara Ice Cream zisanzwe zibamo imashini zitanga ubukonje, nizo ziri kwifashishwa kugira ngo imirambo y’abishwe n’ibitero itangirika, nkuko Aljazeera yabitangaje.

Hamwe izo modoka zifashishwa mu gutwara imirambo y’abishwe n’ibisasu biri kuraswa kuri Gaza cyangwa zikifashishwa mu kubika iyo mirambo by’igihe gito mbere yo gushyingura.

Intwaro za Israel zegerejwe cyane umupaka wa Gaza mu gihe hitegurwa igitero cyo ku butaka

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages