00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abantu 90 bapfiriye mu mpanuka y’ikirombe cy’amakara mu Bushinwa

Yanditswe na IGIHE
Kuya 23 May 2026 saa 04:17
Yasuwe :

Nibura abantu 90 bapfiriye mu mpanuka yaturutse ku iturika ryabereye mu kirombe cy’amakara cya Liushenyu giherereye mu Ntara ya Shanxi mu majyaruguru y’u Bushinwa.

Ibinyamakuru bya Leta mu Bushinwa byatangaje ko iyi mpanuka yabaye ku wa Gatanu saa 19:29 ku isaha yaho, ubwo abakozi 247 bari bari mu kazi muri icyo kirombe.

Abarenga 100 bashoboye gutabarwa bakurwa ahabereye impanuka, mu gihe amatsinda y’abatabazi yoherejwe ku bwinshi gukomeza ibikorwa byo gushakisha abarokotse no gufasha abakomeretse.

Perezida w’u Bushinwa, Xi Jinping, yasabye ko hashyirwa imbaraga zose mu kuvura abakomeretse no gushakisha ababa bagihumeka. Yanasabye ko hakorwa iperereza ryimbitse ku cyateye iyo mpanuka, ndetse ababa bafite uruhare mu makosa yatumye iba bakabibazwa.

Abantu 27 bakomeje kuvurirwa mu bitaro byo hafi y’aho impanuka yabereye, umwe muri bo ararembye cyane, mu gihe abandi bafite ibikomere byoroheje. Amakuru yatangajwe avuga ko benshi mu bakomerekeye muri iyo mpanuka bagizweho ingaruka no guhumeka umwuka uhumanye, nubwo hataramenyekana ubwoko bwawo.

Minisiteri ishinzwe Ibikorwa by’Ubutabazi mu Bushinwa yohereje abakozi 345 bo mu matsinda atandatu y’ubutabazi kugira ngo bafashe mu bikorwa byo gutabara. Icyakora, ibikorwa byo gushakisha byagoranye kubera amazi yateraniye hafi y’ahabereye iturika.

Ikirombe cya Liushenyu cyari cyarashyizwe ku rutonde rw’ahantu hafite ibibazo bikomeye by’umutekano mu 2024. Sosiyete Tongzhou Group igicunga na yo bivugwa ko yari yarahawe ibihano bibiri mu 2025 kubera ibibazo bijyanye n’umutekano.

Abashinzwe ibikorwa by'ubutabazi bari gukora iyo bwabaga ngo batabare abaheze mu kirombe
Abantu 90 ni bo bivugwa ko bamaze gupfira muri iyi mpanuka

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages