00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abanyaburayi baraturambiwe - Ukraine

Yanditswe na Bukuru JC
Kuya 16 October 2023 saa 09:32
Yasuwe :

Minisitiri w’Imari wa Ukraine, Sergey Marchenko, yatangaje ko abanyaburayi bakomeje gutererana igihugu cye kubera kurambirwa, akurikije inkunga basigaye bakigenera.

Yabitangaje kuri uyu wa Gatandatu ubwo yari mu nama yateguwe na Banki y’Isi ndetse n’Ikigega Mpuzamahanga, IMF, i Marrakech muri Maroc.

Yavuze ko kuri ubu biri gusaba imbaraga nyinshi kumvisha abanyaburayi ko bakwiriye gutera inkunga Ukraine imaze umwaka n’igice mu ntambara n’u Burusiya.

Ati “Mbona hari ukurambirwa kwinshi ndetse no gucika intege ku bafatanyabikorwa bacu. Basa nk’abibagiwe ko intambara ihari.”

Kimwe mu byatumye abanyaburayi bagabanya kwita kuri Ukraine ni intambara yubuye mu Burasirazuba bwo hagati ihuje Israel n’Umutwe wa Hamas, bivugwa ko nayo ishobora kuba intambara mpuzamahanga.

Kuba muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika hateganyijwe amatora umwaka utaha nabyo biri mu byarangaje benshi, bibagirwa iby’intambara ya Ukraine.

Kugeza ubu Ukraine ikeneye ubufasha bw’ibihugu by’u Burayi na Amerika ngo ibashe kubona ingengo y’imari ya miliyari 43$ akenewe mu 2024.

Sergey Marchenko yavuze ko Abanyaburayi bibagiwe Ukraine

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages