00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abanyamakuru banditse kuri Air Force One nshya bahamagajwe mu rukiko

Yanditswe na IGIHE
Kuya 11 July 2026 saa 06:53
Yasuwe :

Minisiteri y’Ubutabera ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika yasabye bamwe mu banyamakuru ba The New York Times kwitaba urukiko bagatanga ubuhamya nyuma yo gutangaza inkuru zireba umutekano w’igihugu, cyane cyane izerekeye indege nshya ya Perezida Donald Trump izwi nka Air Force One, yatanzwe na Qatar.

The New York Times yatangaje ko impapuro zisaba abanyamakuru bayo kujya gutanga ubuhamya zatanzwe ku wa 10 Nyakanga. Bazitaba ku wa Gatatu kugira ngo basubize ibibazo ku birego bivuga ku kuba harabayeho kurenga ku mategeko mpanabyaha.

Impapuro zatanzwe n’Umushinjacyaha wa Leta muri Manhattan, Jay Clayton, ndetse bamwe mu banyamakuru bazigejejweho mu ngo zabo n’abakozi b’inzego z’umutekano. The New York Times yavuze ko iki gikorwa cyongera igitutu ubutegetsi bwa Trump bushyira ku bitangazamakuru byigenga.

Minisiteri y’Ubutabera ntiyemeje cyangwa ngo ihakane ko izo mpapuro zatanzwe, ariko umuvugizi wayo yavuze ko ubutegetsi butagamije guhana abanyamakuru, ahubwo ko bwibanda ku bantu bashobora kuba barashyize hanze amakuru y’ibanga ya Leta.

Perezida Trump yari yavuze ko ku azakoresha indege ishaje mu rugendo rwe ruva muri Turikiya rwerekeza mu kigo cya gisirikare Royal ​Air Force muri Mildenhall, mu gihe indege nshya na yo yagombaga kuba ihaparitse kugira ngo abasirikare bari mu mahanga bayisure. Nyuma haje kugaragara amashusho Trump yurira iyo ndege nshya ku kibuga cy’indege cy’ingabo cya Mildenhall mu Bwongereza mbere yo gusubira muri Amerika.

Ubutegetsi bwa Trump bwahamagaje abanyamakuru banditse kuri Air Force One

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages