00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abanyamerika 47% basanga Trump ashobora gutsindwa amatora yo mu 2020

Yanditswe na David Eugène Marshall
Kuya 15 October 2018 saa 07:04
Yasuwe :

Abanyamerika 46% basanga Perezida Donald Trump ashobora kuzatsinda amatora yo mu 2020 azamubashisha kuyobora manda ya kabiri, ni mu gihe abagera kuri 47% basanga atazayatsinda.

Nubwo bimeze gutya ariko icyizere cya Trump kirimo kuzamuka kuko muri Werurwe uyu mwaka abasangaga atazatsinda bari 54%.

Républicains bangana na 74% basanga Trump akwiye kongera guhabwa amahirwe yo kwiyamamaza mu gihe abandi 21% basanga hashakwa undi ubahagararira.

Trump naserukira ishyaka rye, ashobora kuzahangana na Joe Biden ku ruhande rw’aba-Démocrates wigeze kuba Visi Perezida wa Amerika ku butegetsi bwa Barack Obama.

Igihiriri cy’abantu gikomeje kuboneka mu mahuriro akorwa na Joe Biden. CNN yanditse ko Biden ayoboye urutonde rw’abahabwa amahirwe yo guhagararira aba-Démocrates ku kigero cya 33% Bernie Sanders afite 13%.

Abandi bagabo b’ibikonyozi mu ishyaka ry’aba-Démocrates barimo n’umuherwe Michael Bloomberg bafite 4%, mu gihe mu gihande cy’aba-Républicains bo bifuza kuba bahigika Trump imbere mu ishyaka bakiyamamaza hazamo nka Beto O’Rourke nawe ushyigikiwe ku kigero cya 4%.

Mu gukora ubu bushakashatsi bwashyizwe hanze ku itariki ya 4 Ukwakira, CNN ivuga ko habajijwe abanyamerika 1.009 hifashishijwe telefoni n’ibiganiro by’imbonankubone.

Abanyamerika 46% bavuga ko Trump afite amahirwe yo gutsinda amatora mu 2020

[email protected]


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages