00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abanyamerika bavuye muri RDC bakumiriwe iwabo

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 14 July 2026 saa 07:53
Yasuwe :

Leta Zunze Ubumwe za Amerika zafashe icyemezo gikumira Abanyamerika bava muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu rwego rwo kurwanya icyorezo cya Ebola kiri guca ibintu muri iki gihugu cyo ku mugabane wa Afurika.

Ibiro bya Perezida wa Amerika bivuga ko Abanyamerika bava muri RDC bazajya babanza gushyirwa mu kato k’iminsi 21 mu bindi bihugu mbere yo gukomereza urugendo i Washington.

Minisiteri y’Ubuzima muri RDC igaragaza ko kugeza ku wa 11 Nyakanga 2026, byemejwe ko abantu 1926 banduye iki cyorezo barimo 702 bamaze gupfa.

Abanyamerika babiri barimo umuganga Dr. Peter Stafford banduriye Ebola muri RDC, boherezwa mu bitaro byo mu Budage, aho bitabwaho byihariye mbere yo gusubira muri Amerika.

Amerika yari yarafashe icyemezo cyo gukumira gusa abanyamahanga bava muri RDC, yemerera Abanyamerika gutaha ariko ubu igaragaza ko iki cyorezo gikomeje gufata intera ku buryo hari ibyago ko cyagera i Washington.

Abanyamerika ba nyuma babarirwa muri 20 bageze i Washington kuri uyu wa 14 Nyakanga, bavuye muri RDC. Bivuze ko nyuma yabo, abandi batazemererwa kwinjira.

Ubu nta Munyamerika uturuka muri RDC wemerewe gukandagira muri Amerika

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages