00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abarenga 100 baguye mu mirwano ihanganishije RSF n’Ingabo za Sudani mu cyumweru kimwe

Yanditswe na Isabwe Fabiola
Kuya 4 January 2026 saa 05:57
Yasuwe :

Inzego z’ubuzima mu Ntara ya Darfur yo muri Sudani zatangaje ko mu cyumweru gishize, intambara ikomeje guhanganisha ingabo za Sudani n’umutwe wa Rapid Support Forces (RSF) yahitanye nibura abantu 114 muri iyi ntara.

Ingabo za Leta zihanganye na RSF kuva muri Mata 2023. Mu Ukuboza umwaka ushize uyu mutwe wambuye ingabo za leta ibirindiro zari zisigaje muri iki gice.

Ku wa Gatandatu, ibitero bya drones z’Ingabo za Sudani byagabwe ku Mujyi wa Al-Zuruq uri mu majyaruguru ya Darfur, ugenzurwa na RSF, byahitanye abaturage 51.

Umuganga wo ku bitaro bya Al-Zuruq yabwiye AFP ko abo bose ari abasivili. Ibyo bitero byagabwe ku isoko no mu bice bituwemo n’abasivili.

Al-Zuruq ni na ho abo mu muryango w’umuyobozi wa RSF, Mohamed Hamdan Dagalo uzwi nka Hemedti ndetse bihitana abavandimwe be babiri.

Mu gihe gito nyuma yaho, RSF iri kurwana yerekeze ku mupaka wa Tchad na yo yagabye ibitero ku Mujyi wa Kernoi, bihitana abarenga 63 bikomeretsa abandi 57.

Loni yagaragaje ko abantu 7000 bakuwe mu byabo mu minsi ibiri mu Ukuboza 2025 babaga muri Kernoi.

Raporo y’ibiro bya Loni rishinzwe uburenganzira bwa muntu (OHCHR) yagaragaje ko mu mezi atandatu ya mbere ya 2025 intambara yo muri Sudani yahitanye abasivili barenga 3384.

Abarenga 100 b’i Darfur baguye mu mirwano ihanganishije RSF n'Ingabo za Leta mu cyumweru kimwe

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages