Ibyo byabaye ku wa 3 Kanama 2025, ubwo bari mu rugendo bava mu bihugu byo mu Ihembe rya Afurika, birimo Somalia na Ethiopia, berekeza mu bihugu by’Abarabu bagiye gushaka imibereho.
Benshi bapfuye abandi bakaburirwa irengero ni abo muri Ethiopia.
Inzego z’umutekano zo muri Yemen zigaragaza ko zabonye imibiri y’abimukira 76, zitabara abandi 32.
Ishami rya Loni ryita ku bimukira, IOM, ryagaragaje ko ubwo bwato bwarimo abantu barenga 150. Abatabawe bajyanywe mu Mujyi wa Aden wo muri Yemen
Yemen iri mu ntambara kuva mu 2014, imaze imyaka myinshi ikoreshwa nk’inzira y’abimukira, cyane cyane kuva mu myaka ya 1990 ubwo intambara, ubukene n’ibura ry’akazi byiyongeraga muri Somalia, Ethiopia ndetse na Eritrea.
Kuva umwaka ushize abimukira ibihumbi 90 bamaze guca muri iki gihugu cyo mu Burasirazuba bwo Hagati. Abenshi baba barekeza muri Arabia Saudite n’ibindi kenshi hagakoreshwa Inyanja Itukura.
Urugendo rukorwa n’aba bimukira ruteje impungenge cyane kuko hakoreshwa ubwato buto kandi butizewe, bakarohama cyangwa bagafatwa n’abacuruza abantu.
IOM igaragaza ko mu 2024 yabaruye abarenga 550 baguye mu Nyanja Itukura 462 baguye mu mpanuka y’ubwato.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!