00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abarenga ibihumbi 220 bo mu Bufaransa na Espagne bimuwe kubera inkongi

Yanditswe na IGIHE
Kuya 25 July 2026 saa 08:27
Yasuwe :

Abantu barenga ibihumbi 220 bamaze kwimurwa mu bice bitandukanye by’u Bufaransa na Espagne, nyuma y’inkongi zikomeye zikomeje kwibasira amashyamba n’uturere dutuwe, zitewe n’ubushyuhe bwinshi, amapfa n’umuyaga ukaze.

Mu majyepfo ashyira uburengerazuba bw’u Bufaransa, cyane cyane mu turere twa Gironde na Landes, abantu bagera ku bihumbi 200 bimuwe. Inkongi yo muri Gironde imaze gutwika hegitari zirenga ibihumbi 19 z’amashyamba no gusenya inzu zigera kuri 80. Abashinzwe ubutabazi batangaje ko abashinzwe kuzimya umuriro hafi 50 bakomeretse.

Perezida Emmanuel Macron yohereje abasirikare gufasha inzego z’ubutabazi, anasaba ubufasha bw’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi, watangiye kohereza indege na kajugujugu.

Muri Espagne, abantu ibihumbi 25 bategetswe kuva mu ngo, mu gihe abandi hafi ibihumbi 40 basabwe kuguma mu nzu.

I Madrid ubuyobozi bwavuze ko inkongi yabaye ikomeye kurusha izindi zose zabaye muri ako karere. Hegitari nibura ibihumbi bitandatu zimaze gushya muri Madrid, naho hafi ibihumbi icyenda zirashya mu ntara ya Ávila. Espagne yatangaje ibihe bidasanzwe, mu gihe ibikorwa byo kwimura abaturage no gukumira ko umuriro ukwira bikomeje.

Inkongi ikomeje gutuma abaturage benshi bava mu byabo
Inzego z'umutekano ziri maso kugira ngo zibashe gutabara abaturage ntibahure n'ikibazo

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages