Raporo Minisiteri y’ingabo muri Amerika yagejeje kuri Kongere ya Amerika mu ntangiriro z’iki cyumweru, ivuga ko Abashinwa bagerageje gutata Amerika bakoresheje mudasobwa ariko Abashinwa bagaramye babitera utwatsi.
Iyo raporo ivuga ko Abashinwa bashatse kwiba amabanga y’Amerika mu bya gisirikare, mu bukungu ndetse no mu bya politiki.
Umuvugizi wa Minisiteri y’ububanyi n’amahanga y’u Bushinwa Hua Chunying, yavuze ko iyo raporo yuzuye ibinyoma ko kandi itesha agaciro Abashinwa.
Hua Chunying, yakomeje avuga ko iyo myitwarire ya Amerika ihungabanya imibanire y’ibihugu bya rutura ku isi.
Muri iyo raporo Abanyamerika bashinja Abashinwa gukataza mu gushaka kubiba amabanga bakoresheje mudasobwa, bakemeza ko bashakaga amabanga ya gisirikare kugira ngo bameneye ikoranabuhanga ry’Abanyamerika , bagashaka amabanga mu nganda kugira ngo bibe ikoranabuhanga ry’inganda muri Amerika, kandi bashakaga amabanga ya politiki.



















TANGA IGITEKEREZO