Ibiro bikuru by’ingabo za Koreya y’Epfo byatangaje ko ubusanzwe aba basirikare barinda umutekano wo muri aka gace ku ruhande rw’igihugu cyabo. Kubarasaho ngo byari mu rwego rwo kubaburira.
Biti “Abasirikare ba Koreya ya Ruguru bakorera mu gace katagira ingabo zikagenzura bashatse kurenga umurongo utandukanya impande zombi muri DMZ. Nyuma y’aho ingabo zacu zibahaye ubutumwa, zikanarasa amasasu yo kubaburira, basubiye mu majyaruguru.”
Nk’uko TV5 Monde yabisobanuye, ntabwo abasirikare ba Koreya ya Ruguru bongeye kugerageza kurenga uyu murongo.
Koreya ya Ruguru imaze iminsi ishotora Koreya y’Epfo. Urugero rwa hafi ni urw’ibipurizo byikoreye imyanda bivugwa ko irimo ibisigazwa by’itabi, impapuro z’isuku zakoreshejwe mu bwiherero n’amase yohereje mu kirere cyo muri iki gihugu bisanzwe bidacana uwaka.
Ibi Koreya ya Ruguru ibyita kwihorera kuri Koreya y’Epfo, iyishinja gutangaza ibihuha bigamije guharabika ubutegetsi bwa Pyongyang.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!