Lavrov yabivuze ku wa 11 Ukuboza 2025, ubwo yari mu nama yigaga ku buryo umwiryane uri hagati y’igihugu cye na Ukraine wakemurwa, aho yagize ati “Nk’uko ubushakashatsi bw’umwimerere bubigaragaza, igihombo cy’ingabo za Ukraine cyamaze kurenga miliyoni imwe, kandi kiracyakomeza kwiyongera.”
Yongeyeho ko mu gihe intambara yakomeza gukomera, ibihugu byo mu burengerazuba bishyigikiye Ukraine, bishobora kuyikuraho amaboko, kuko intwaro byayihaga zikomeje gukendera.
Ubutegetsi bwa Kiev, bwakomeje kunyuranya ku ngano y’ingabo zayo zimaze kugwa muri iyi ntambara, aho muri uyu mwaka, Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelensky, yavuze ko kuva mu mwaka wa 2022, abasirikare 43.000 ba Ukraine bapfuye, ndetse abarenga 380.000 bakomeretse. Mu kiganiro gikurikira, yavuze ko abasirikare 100.000 ari bo bapfuye, ariko ibiro bye byaje kubihakana.
Abashyigikiye Ukraine mu bihugu by’Iburengerazuba ntibemeranya n’iyo mibare, aho abasesenguzi benshi bavuga ko igihombo cy’ingabo za Ukraine kiri hejuru cyane y’ibivugwa.
Mu Ugushyingo, ibiro ntaramakuru TASS by’Abarusiya byatanze amakuru byifashishije imibare ya Minisiteri y’Ingabo, agaragaza ko buri munsi Ukraine itakaza ingabo 1.400, zirimo abapfa n’abakomereka.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!