Ingabo za Amerika zasobanuye ko abo basirikare baguye mu gico batezwe mu gace ka Palmyra, batatu bakahasiga ubuzima ndetse abandi batatu bagakomereka.
Minisitiri w’Ingabo muri Amerika, Pete Hegseth, yavuze ko uwishe ingabo za Amerika nta mahoro yabona.
Ati “Iyo wishe Umunyamerika aho waba uri hose ku Isi umara ubuzima bwawe bwose wihishe, ufite ubwoba kuko uziko Amerika izaguhiga, ikakubona kandi ikakwica nabi.”
Ingabo za Amerika ziri muri Syria kuva mu 2014, ku mpamvu zo kurandura umutwe w’iterabwoba wa Islamic State aho ifite abasirikare bagera ku 2000 muri iki gihugu.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!