Mbere hashingiwe ku gika cya 245 (a) cy’itegeko rigenga abinjira n’abasohoka, abimukira bashoboraga gusaba ibi byangombwa bari mu gihugu, ariko ubu bazajya basabwa gusubira mu bihugu bakomokamo mu gihe ubusabe bwabo bukorerwa isuzumwa, nyuma bahabwe Visa y’abimukira itangwa na Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga mbere yuko basubira muri Amerika.
Kuguma muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu gihe umuntu agishaka ibyangombwa bizajya bibaho gake cyane, aho abashinzwe abinjira n’abasohoka bazajya basuzuma buri dosiye ukwayo.
Umuyobozi w’Ikigo gishinzwe Abinjira n’Abasohoka, USCIS, Joseph Edlow, yasobanuye ko izi mpinduka zigamije gushyira mu bikorwa umugambi nyiri zina w’itegeko rigenga abinjira n’abasohoka no gukemura ibibazo birembeje uru rwego birimo dosiye miliyoni 1,5 z’abasaba ubuhungiro, zavuye ku bihumbi 400 mu 2021.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!