00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abimukira barenga 40 bapfiriye mu Nyanja bagana mu Butaliyani

Yanditswe na Bukuru JC
Kuya 9 August 2023 saa 04:17
Yasuwe :

Abantu barenga 40 bapfuye nyuma y’aho ubwato bari barimo bwarohamye buva muri Tunisie nk’uko byatangajwe na Televiziyo yo mu Butaliyani, RAI, yavuze ko bane ari bo barokotse bagatabarwa kuri uyu wa Gatatu.

Ibiro Ntaramakuru RAI na ANSA, byavuze ko abantu bane barokowe bajyanwe ku kirwa cya Lampedusa kiri mu Nyanja ya Mediterannée mu Majyepfo y’u Butaliyani. Abarokotse bavuze ko ubwato bwarohamye nyuma y’amasaha make butangiye urugendo.

Umuvugizi wa Croix Riouge y’u Butaliyani, Alessandra Filograno yemeje ko abantu bane barokotse bagejejwe ku kirwa cya Lampedusa kuri uyu wa Gatatu mu gitondo barimo abagabo babiri, umugore n’umwana umwe utari kumwe n’ababyeyi.

Abarokotse bivugwa ko bafite inkomoko muri Cote d’Ivoire na Guinnée kandi ko abapfuye bagera kuri 41 barimo abana batatu.

Muri iyi mpeshyi habayeho impanuka z’ubwato bw’abakora icuruzwa ry’abantu bava muri Tunisie berekeza mu Butaliyani.

Minisiteri y’Umutekano w’imbere mu Butaliyani, yatangaje ko abarenga ibihumbi 93 bageze muri iki gihugu bambutse Inyanja ya Mediterannée ugereranyije n’ibihumbi 45 binjiye mu gihe nk’iki umwaka ushize wa 2022. Benshi ni abakomoka muri Guinnée, Cote d’Ivoire, Misiri na Tunisie.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages