Nk’uko Polisi ikorera mu Ntara ya Takhar yabitangaje ku wa 10 Gicurasi 2025, aba bantu batawe muri yombi mu ijoro ryo ku wa Kane, ubwo bari bateraniye mu rugo rw’umuturage bacuranga ndetse baririmba.
Polisi yagize iti “Abantu 14 bafashe umwanya mu masaha ya n’ijoro, bateranira mu rugo rumwe, baracuranga baranaririmba, ni ibintu byabangamiye abaturage.”
Kuva Aba-Taliban bafata ubutegetsi bwa Afghanistan, bashyizeho amategeko akomeye agamije guhagarika ibijyanye n’umuziki n’imyidagaduro byose bidafite aho bihurira n’idini ya Isilamu.
Amashuri yigishaga umuziki yarafunzwe, ibikoresho by’umuziki biramenwa, ibindi biratwikwa ndetse gucuranga no kuririmba birahagarikwa mu bukwe.
Abahanzi benshi b’Abanya-Afghanistan bahunze iki gihugu kubera gutinya ibihano cyangwa kubura akazi.
Abatalibani basabye abahoze ari abacuranzi n’abaririmbyi guhindura impano zabo, bakazibyaza umusaruro mu ndirimbo z’ubusizi zisingiza Imana cyangwa kuririmba badacuranze.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!