Imibare yari yatangajwe kuwa Kane w’iki cyumweru, yavugaga ko icyo gisasu cyo mu bwoko bwa GBU-43/B Massive Ordinance Air Blast bomb (MOAB) cyahitanye abarwanyi 36.
Ubuyobozi bw’ingabo za Amerika na Afghanistan bwabwiye CNN ko iki gisasu kidafite ubumara cyatewe na Amerika nta muturage n’umwe cyahitanye, gusa itangazo IS yashyize ahagaragara kuri uyu wa Gatanu, rivuga ko nta murwanyi wayo n’umwe wahitanwe cyangwa ngo akomeretswe na cyo.
Nubwo umuyobozi w’ingabo za Amerika muri Afghanistan, Gen. John Nicholson na Perezida wa Afghanistan Ashraf Ghan bemeza ko iki gisasu cyatewe mu gihe gikenewe kandi kigaterwa ahakenewe, uwahoze ari Perezida wa Afghanistan Hamid Karzai ashinja Amerika kwitwaza ko iri gufasha Afghanistan ikagerageza ibitwaro bya kirimbuzi.
Iki gisasu MOAB, baha akazina ka “Mother of All Bombs” ugenekereje mu Kinyarwanda, ‘Nyina w’ibindi bisasu byose’, Amerika yagiteye ahagana saa moya n’iminota 32 zo kuwa Kane, mu karere ka Achin, bivugwa ko gacumbitsemo abarwanyi ba IS bari hagati ya 600 na 800.



















TANGA IGITEKEREZO