00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Afurika ntikeneye imfashanyo - Cyril Ramaphosa

Yanditswe na Umwali Zhuri
Kuya 22 August 2025 saa 07:13
Yasuwe :

Perezida wa Afurika y’Epfo, Cyril Ramaphosa, yahamagariye ibihugu n’imiryango mpuzamahanga bifitanye imikoranire na Afurika, by’umwihariko u Buyapani, guhindura umuvuno bikava mu gutanga inkunga ahubwo bikinjira mu mikoranire ishingiye ku ishoramari.

Ubwo yari mu nama yiga ku bukungu n’iterambere rya Afurika ibera mu Buyapani, Tokyo Intenational Conference on African Development (TICAD), Ramaphosa yagaragaje ko Afurika yiteguye kugena ahazaza hayo.

Ati "Afurika ntikeneye imfashanyo. Ikeneye abafatanyabikorwa. Abafatanyabikorwa bumva agaciro muhuriyeho, amajyambere arambye, ndetse no gushora mu nganda bihuriweho."

Ramaphpsa yongeyeho ko Afurika iri guhangana n’ihungabana ry’ubukungu ku Isi, impinduka mu buhahirane, ndetse n’impinduka mu by’inganda.

Yagarutse ku mbaraga zikomeje gushyirwa mu Isoko Rusange rya Afurika (AfCFTA) kugira ngo ribashe gukora neza ritange umusaruro, avuga ko hari kunozwa amategeko n’amabwiriza agenga ubucuruzi, ndetse no kongera imbaraga mu bikorwa remezo mu koroshya ubuhahirane.

Ramaphosa yuavuze ko Afurika idakeneye imfashanyo

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages