00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Amagana y’Abanya-Israel yafashwe bugwate n’abarwanyi ba Hamas

Yanditswe na Bukuru JC
Kuya 9 October 2023 saa 09:44
Yasuwe :

Israel igowe no kubohoza amagana y’abaturage bayo bafashwe bugwate n’Umutwe wa Hamas guhera ku wa Gatandatu ushize ubwo wagabaga ibitero mu duce dutandukanye tw’iki gihugu.

Nyuma yo kwinjira ku butaka bwa Israel, abarwanyi ba Hamas bafashe abaturage benshi nk’imbohe, bajya kubafungira mu Ntara ya Gaza isanzwe ituwe n’abasaga miliyoni ebyiri.

Umuvugizi w’Ingabo za Israel, Lt. Col. Richard Hecht, yavuze ko ubu bari mu gihirahiro cy’uburyo bagomba kubohoza abaturage babo, dore ko mu kwihimura Israel yahise itangira kugaba ibitero kuri Hamas.

Ibitero biri kugabwa mu bice bitandukanye mu Mujyi wa Gaza, ahakekwaho kuba ibirindiro bya Hamas n’abarwanyi bayo.

Hecht yavuze ko mu bafashwe harimo abasivile, abana n’abakecuru.

Uretse abaturage ba Israel kandi, mu bafashwe harimo n’abanyamahanga. Urugero rw’abamenyekanye harimo umugabo n’umugore bo muri Mexique, Abanya-Brésil batatu n’abandi.

Ishami rya Gisirikare ry’Umutwe wa Hamas ryatangaje ko uko Israel irushaho kubagabaho ibitero, biza gushyira mu kaga ubuzima bw’imbohe wafashe.

Igisirikare cya Israel cyatangaje ko ari bwo bwa mbere mu mateka cyagira abaturage bacyo benshi bafashwe bugwate n’umutwe w’ibyihebe.

Hamas yashimuse bamwe mu baturage ba Israel

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages