Byari biteganyijwe ko ikiganiro kiba kuri uyu wa Gatatu i New York aho Perezida Raisi yari yitabiriye Inteko rusange ya 77 ya Loni.
Amanpour yari amaze iminsi yitegura icyo kiganiro na Raisi, akaza gutungurwa ku munota wa nyuma ubwo intumwa za Raisi zamubwiraga ko ikiganiro kigomba kuba uwo munyamakuru yambaye igitambaro mu mutwe nk’umuyisilamukazi.
Ni ikiganiro cyari kigiye kuba mu gihe muri Iran hari imyigaragambyo ikaze y’abagore basaba uburenganzira bwabo, harimo no kudategekwa kwambara ibitambaro byo mu mutwe aho bagiye hose. Imyigaragambyo bivugwa ko imaze kugwamo abantu umunani.
Abinyujije ku rubuga rwe rwa Twitter, Amanpour yagize ati “Iminota 40 imaze kurenga ku isaha twagombaga gutangiriraho, haje umwe mu bafasha Perezida ansaba ko nakwambara igitambaro mu mutwe ngo kuko ari mu kwezi gutagatifu kwa Muharram na Safar, ndabyanga. Aha turi ni New York, hano nta mategeko yo kwitwikira mu mutwe ahaba, si n’umuco wacu, ndetse nanamubwiye ko nta wundi Perezida wa Iran wigeze ansaba ibintu nk’ibi mu gihe tutari ku butaka bwa Iran”.
Nyuma y’uko uyu munyamakuru yinangiye akanga kwitwikira byarangiye ikiganiro yagombaga kugirana na Perezida Raisi kiburijwermo.
Hashize iminsi imyigaragambyo muri Iran ifashe indi ntera, abantu bigabiza imihanda bigaragambiriza urupfu rwa Mahsa Amini waguye muri kasho ya Polisi.
Leta ya Iran yatangaje ko uyu Mahsa Amini yazize ibibazo by’umutima ariko umuryango we ukabihakana, abagore benshi bagaragara batwika imyitero yabo.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!