00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Amasaha macye mbere y’uko Donald Trump arahira (Amafoto)

Yanditswe na IGIHE
Kuya 20 January 2017 saa 07:33
Yasuwe :

Donald Trump kuri uyu wa 20 Mutarama 2017 ararahirira kuba Perezida wa 45 wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika asimbuye, Barack Hussein Obama, wayoboye iki gihugu mu myaka umunani ishize.

Mbere ho amasaha macye ngo umuhango w’irahira rya Trump ube, yaraye yitabiriye ibirori bibanziriza iki gikorwa nyir’izina nyuma yo gushyira indabo ku rwibutso rushyinguyemo abanyamerika baguye mu mvururu zabaye muri iki gihugu mu myaka ya 1800.

Muri iri rimbi rizwi nka Arlington National Cemetery hashyinguye imibiri igera ku bihumbi 400.

Mbere y’aho gato, Trump yaherekejwe mu buryo bwihariye ava i New York yerekeza i Washington DC aho imihango y’irahira rye iri bubere. Bwa mbere na mbere yasize indege ye yitwa ‘Executive One’ agenda mu ndege ya Boeing y’igisirikare cya Leta Zunze Ubumwe za Amerika ndetse n’abashinzwe umutekano, Secrete Service, bamuterera amasari.

Mu ijambo yavugiye mu gitaramo cyabereye i Washington DC, yijeje abanyamerika ko azakora cyane kugira ngo Amerika yongere kuba igihangange ku Isi ndetse buri wese agerweho n’iterambere yifuza.

Umuhango w’irahira rya Trump urabera ku ngoro y’Inteko Ishinga Amategeko ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika, U.S. Capitol (cyangwa Capitol Hill bakunda no kuyita Capitol Building).

Abayoboye Leta Zunze Ubumwe za Amerika bakiriho bose bategerejwe kwitabira ibi birori (usibye George H.W. Bush n’umugore we bari mu bitaro)

Mu ntangiriro z’uku kwezi nibwo byatangajwe ko Hillary Clinton wari uhanganye na Trump mu matora n’umugabo we Bill Clinton nabo bazitabira. Ni ibirori bitambuka kuri Televiziyo zose zikomeye muri Amerika.

Donald Trump ashyira indabo ku rwibutso rushyinguyemo abanyamerika baguye mu mvururu mu 1800
Donald Trump ageza ijambo ku bitabiriye ibirori bibanziriza irahira rye kuri uyu wa 20 Mutarama 2017
Umugore wa Trump, Melania n'abana be babiri b'abakobwa n'abuzukuru be bamwitegereza ubwo yagezaga ijambo ku bitabiriye ibi birori
Nyuma y'ijambo rya Trump, haturikijwe ibishashi by'imiriro
Donald Trump n'umugore we Melania Trump
Umuhanzi Toby Keith yasusurukije abitabiriye ibi birori mu ndirimbo zirimo 'Made In America' na 'Courtesy Of The Red, White And Blue'
Abitabiriye ibi birori baririmba indirimbo yubahiriza igihugu

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages