Iyi myitozo ifatwa nk’iyo kwerekana imbaraga igisirikare cy’u Burusiya kirwanira mu mazi gifite, yabaye mu gihe umwuka mubi wabwo n’ibihugu bigize umuryango NATO ukomeje gututumba bitewe n’intambara ya Ukraine.
Iyi myitozo yakiriwe neza n’abaturage ba Cuba ndetse n’ubuyobozi bwaho, kuko mu gihe ubu bwato bwari muri iki gice, muri Cuba hazamuwe amabendera y’u Burusiya ubwo bwahageraga mu cyumweru gishize.
Perezida wa Cuba, Miguel Diaz-Canel tariki ya 15 Kamena 2024 yasuye aya mato, aganira n’abayatwara nk’uko yabisobanuriye ku rubuga nkoranyambaga X.
Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Cuba yasobanuye ko aya mato nta kibazo ateye ku mutekano w’akarere, bitewe n’uko nta ntwaro kirimbuzi yari afite.
Leta Zunze Ubumwe za Amerika zidacana uwaka n’u Burusiya, na zo zahise zohereza ubwato bwazo bwa USS Helena mu gace ka Guantanamo Bay, hafi y’amato y’u Burusiya.
Amerika yasobanuye ko kuba amato y’ingabo z’u Burusiya yari muri Cuba ntacyo biyitwaye ariko ko byari ngombwa ko iyagenzura, yifashishije USS Helena.
U Burusiya bwatangaje ko imyitozo yagenze neza kandi abasirikare bakoreshaga aya mato bitoje kurasa ku ntera iri hejuru ya kilometero 600.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!