00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Amayeri yafashije Minisitiri Rubio kwinjira mu Bushinwa atabyemerewe

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 14 May 2026 saa 07:24
Yasuwe :

Mu ruzinduko Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yagiriye mu Bushinwa kuva ku wa 13 Gicurasi 2026, habaye ikintu kitamenyerewe mu rwego rwa dipolomasi, kuko Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Ububanyi n’Amahanga yahinduriwe amazina kugira ngo ashobore kwinjirayo.

Trump yajyanye n’abayobozi barimo Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Marco Rubio, Minisitiri w’Intambara, Pete Hegseth, na Scott Bessent, Minisitiri w’Imari, bari kumufasha kuganira n’ab’i Beijing ku bufatanye mu nzego zitandukanye.

Rubio ntiyagombaga gukandagira ku butaka bw’u Bushinwa kuko bwamufatiye ibihano mu 2019 ubwo yari Senateri, bumuziza ko yarwanyije ibikorwa by’inzego z’umutekano zabwo byo guhangana n’abigaragambije muri Hong Kong, basaba ubwigenge.

Uyu muyobozi kandi yanashinje Leta y’u Bushinwa guhohotera Abayisilamu batuye mu gice cya Uigur mu majyaruguru y’uburengerazuba bw’igihugu, umwuka mubi n’iki gihugu urushaho gututumba, kimufatira ikindi gihano cyo kudakandagira i Beijing.

Ubwo Trump yateguzaga ko azagira Rubio Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, u Bushinwa bwari bwiteze ko ashobora kuzagirirayo uruzinduko, Leta n’ibitangazamakuru byayo bitangira gusoma amazina ye mu buryo budasanzwe.

Muri Werurwe 2026, Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga y’u Bushinwa yatangaje ko niba Rubio ateganya kujyana na Trump mu ruzinduko i Beijing, izoroshya ibihano yafatiwe.

Kubera ko bitari gushoboka ko umuntu witwa ‘Marco Rubio’ yari kwinjira mu Bushinwa kubera ko ibihano yafatiwe bitakuweho, Leta ya Beijing yafashe icyemezo cyo kumuhindurira amazina, imwita ‘Marco Lu’.

Bisobanuye ko mu rwego rwa dipolomasi, mu bayobozi bo muri Amerika bakiriwe i Beijing harimo ‘Marco Lu’, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga utandukanye n’uwari Senateri Marco Rubio wafatiwe ibihano inshuro ebyiri.

Donald Trump yagiriye uruzinduko mu Bushinwa nyuma y'imyaka hafi icyenda
Minisitiri Marco Rubio ni umwe mu bayobozi bajyanye na Donald Trump mu Bushinwa

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages