00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Amerika: Habuze gato ngo indege zigongane kubera amakosa y’abaziyobora

Yanditswe na IGIHE
Kuya 24 July 2026 saa 10:47
Yasuwe :

Indege ebyiri zari zigiye kugongana ku kibuga cy’indege cya Logan i Boston, muri Leta ya Massachusetts, nyuma y’uko habayeho amakosa yatumye indege imwe ihagarara gato mu gihe cyo guhaguruka, ndetse n’umukozi ushinzwe kuyobora indege akibagirwa indege yari yemereye guhaguruka.

Raporo y’ibanze y’Ikigo cy’Abanyamerika gishinzwe umutekano w’ubwikorezi (NTSB) igaragaza ko iyi mpanuka yari hafi kuba ku wa 20 Kamena, ubwo indege ya Delta Air Lines yari mu nzira yo kugwa ku muhanda wa 33L, ikurikiye indege nto. Hashize akanya gato, indege ya American Airlines yemerewe guhaguruka ikoresheje undi muhanda w’indege wa 27 uhura n’uwo Delta yari igezeho.

Indege ya American Airlines yo mu bwoko bwa Airbus A319 yari yatangiye kugenda, ariko ihagarara nyuma y’amasegonda umunani ubwo abapilote babonaga ubutumwa bubaburira ku bikoresho byo mu ndege.

Nyuma yo kugenzura neza, basanze ari ubutumwa bw’ikosa butari ikibazo nyacyo, maze nyuma y’amasegonda 23 bongera gutangira guhaguruka berekeza aho imihanda yombi ihurira.

Abapilote b’indege ya Delta Boeing 737 babonye ko hashobora kubaho impanuka, bahagarika gahunda yo kumanura indege, bazenguruka ikibuga mbere yo kumanuka neza. Abari bayoboye indege ya American Airlines bo bakomeje guhaguruka nyuma yo kubona ko indi ndege yari ibaviriye mu nzira.

NTSB yavuze ko iyi mpanuka yashobokaga cyane kuko hagati y’indege imwe n’indi hari hasigayemo metero 670 gusa. Izo ndege zombi zari zitwaye abantu 318.

Mu iperereza, umukozi wari mu munara uyobora indege yavuze ko abonye indege ya American itangiye kugenda atekereza ku yindi ndege nto kugira ngo arebe ko iva mu nzira mbere y’uko Delta igwa.

Uyu mukozi kandi yavuze ko ubusanzwe akoresha impapuro zifasha abakozi bayobora indege gukurikirana buri ndege, aho azihinduraho gato iyo amaze gutanga uruhushya rwo guhaguruka. Gusa yavuze ko urupapuro rw’indege ya American Airlines rutari rwahinduwe, bikaba bishobora kuba byaragize uruhare mu kwibagirwa ko yari yayemereye guhaguruka.

Abapilote b’izo ndege zombi babwiye NTSB ko nta kimenyetso cy’impuruza yo kugongana bari bahawe imbere mu ndege zabo.

Mu ndege zari zigiye kugongana harim iya American Airlines

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages