00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Amerika igiye gufungura Ambasade zayo yari yarafunze

Yanditswe na

Deus Ntakirutimana

Kuya 10 August 2013 saa 12:05
Yasuwe :

Leta zunze ubumwe za Amerika iratangaza ko izafungura Ambasade zayo 18 yari yarafunze, kubera impungenge yari yaratewe n’uko zishobora gutezwa umutekano muke n’abakora ibikorwa by’iterabwoba. Biteganyijwe ko izo Ambasade zizongera gufungurwa ku Cyumweru tariki ya 11 Kanama 2013.
Izi Ambasade zari zarafunzwe muri uku kwezi, nyuma y’uko Amerika igiriye ubwoba bw’ibitero byashoboraga gukorwa n’imitwe y’abiyahuzi.
Umuvugizi wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Jen Psaki yagize ati “Ambasade (…)

Leta zunze ubumwe za Amerika iratangaza ko izafungura Ambasade zayo 18 yari yarafunze, kubera impungenge yari yaratewe n’uko zishobora gutezwa umutekano muke n’abakora ibikorwa by’iterabwoba. Biteganyijwe ko izo Ambasade zizongera gufungurwa ku Cyumweru tariki ya 11 Kanama 2013.

Izi Ambasade zari zarafunzwe muri uku kwezi, nyuma y’uko Amerika igiriye ubwoba bw’ibitero byashoboraga gukorwa n’imitwe y’abiyahuzi.

Umuvugizi wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Jen Psaki yagize ati “Ambasade ya Sanaa, muri Yemen n’iya Lahore muri Pakisitan zizaguma gufungwa, kubera ko zishobora kugabwaho ibitero by’abiyahuzi bo mu mutwe wa Al Qaeda.”

Izi Ambasade zafunzwe tariki ya 2 Kanama 2013, nyuma y’uko iki gihugu kimaze kubona amakuru ko hari ibitero byashoboraga kuzibasira.

Byari nyuma y’uko hari amakuru yacaracaraga ko umutwe wa wagombaga kugaba ibitero kuri Ambasade z’iki gihugu, ziherereye mu burasirazuba bwo hagati no muri Afurika y’Amajyaruguru.

Gutinya ibi bitero kandi byatumye Amerika ibuza abaturage bayo, guhagarika ingendo zabo zerekeza mu gihugu cya Pakisitani, mu gihe abakozi bayo muri Yemen babwiwe kuvayo ikitaraganya.

Reuters dukesha iyi nkuru yatangaje ko Perezida wa Amerika, Barack Obama, ubwo yari mu kiganiro n’abanyamakuru yirinze kugira icyo atangaza ku ndege itagira abapilote, yari igamije kwivugana abasirikare bari muri Yemen.

Amerika nta gihe kizwi yigeze itangaza ko Ambasade zayo mu mijyi wa Sanaa na Lahore zizafungurirwa. Muri Ambasade zari zarafunzwe harimo n’iyo mu Rwanda.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages