00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Amerika igiye guha Ukraine intwaro zishobora kurasa mu Burusiya

Yanditswe na Umwali Zhuri
Kuya 29 August 2025 saa 02:09
Yasuwe :

Leta Zunze Ubumwe za Amerika zemeje igurishwa ry’intwaro zishobora gukoreshwa mu kugaba ibitero, zikaba zifite agaciro karenga miliyoni 825$.

Izi ntwaro zishobora kurasa mu birometero biri hagati ya 240 na 450, ibituma zigira ubushobozi bwo kurasa mu Murwa Mukuru w’u Burusiya, Moscow, uri mu birometero 450 uvuye ku mupaka wa hafi wa Ukraine.

Ni ubwa mbere ubutegetsi bwa Donald Trump bwohereje muri Ukraine intwaro ziremereye, zishobora kugaba ibitero mu ntera ndende. Ibi bije nyuma y’uko Trump agaragaje impungenge ku bushake bw’u Burusiya mu kurangiza intambara burimo na Ukraine.

Ku rundi ruhande, u Burusiya bukomeje kugaba ibitero bikomeye muri Ukraine, aho igiherutse cyahitanye abantu 15 mu Murwa Mukuru wa Ukraine, Kyiv.

Amafaranga azakoreshwa mu kugura izi ntwaro, ni ayo Ukraine yahawe n’ibihugu birimo Danemark, u Buholandi n’ibindi bigize Umuryango w’Ubutabarane wa OTAN.

Amerika igiye guha Ukraine intwaro zo gukomeza kwirwanaho

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages