00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Amerika igiye guha Ukraine izindi ntwaro za miliyoni 725$

Yanditswe na Manzi Angelo
Kuya 16 October 2022 saa 07:58
Yasuwe :

Leta zunze Ubumwe za Amerika (USA), zatangaje ko zigiye guha Ukraine indi nkunga y’intwaro zitandukanye zo gufasha guhangana n’ibitero by’ u Burusiya.

Mu itangazo Ibiro bya Perezida wa Amerika, White House byasohoye kuri uyu wa Gatandatu, byatangaje ko Amerika igiye kohereza intwaro zifite agaciro ka miliyoni 725$ (miliyari zisaga 725 Frw) zigizwe n’intwaro zirasa kure zizwi nka M142 High Mobility Artillery Rocket System (HIMARS) ari nazo zafashije Ukraine muri Nzeri uyu mwaka, gusubiza inyuma ibitero by’u Burusiya.

Amerika yatangaje ko intego nyamukuru ari uguhindura ubufasha bahaga Ukraine, hibandwa mu kubaha ubwoko bushya bw’intwaro.

Umunyamabanga wa Leta Zunze Ubumwe z’ Amerika ushinzwe ububanyi n’amahanga, Antony Blinken yatangaje ko bazakomeza gufasha Ukraine mu buryo bwose bushoboka.

Yagize ati “Tuzakomeza gushyigikira abaturage ba Ukraine mu gihe bakomeje kurengera ubwisanzure n’ubwigenge bwabo.”

Izi ntwaro nshya zije nyuma y’Amasezerano yabaye hagati y’Abanyamuryango b’Umuryango w’Ubutabarane uzwi nka NATO, yo kongera ubufasha bw’ ingabo zirwanira mu kirere nyuma y’uko u Burusiya bwateye ibisasu mu mijyi itandukanye ya Ukraine.

Kuri ubu Amerika imaze guha inkunga mu bya gisirikare Igihugu cya Ukraine ingana na Miliyari 18.3 z’ Amadolari.

Intwaro zizwi nka M142 High Mobility Artillery Rocket System ziri muzo Amerika igiye guha Ukraine

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages