00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Amerika igiye gutwika imiti n’ibikoresho byifashishwa mu kuboneza urubyaro bya miliyari 14 Frw

Yanditswe na Isabwe Fabiola
Kuya 30 July 2025 saa 10:40
Yasuwe :

Amerika yemeje ko igiye gutwika imiti n’ibikoresho byifashishwa mu kuboneza urubyaro bifite agaciro k’arenga miliyoni 9,7$ (arenga miliyari 14 Frw), aho kuyitangamo impano ku bihugu bikennye.

Ni ibikoresho by’ubuvuzi birimo ibinini, udupira (implants) n’utundi dukoresho dushyirwa muri nyababyeyi hagamijwe kwirinda ko umuntu yatwita.

Ni ibikoresho Amerika yari yaraguze ngo ifashe abo mu bihugu bikennye kuboneza urubyaro. Ubu yari iri mu bubiko bw’u Bufaransa n’u Bubiligi by’agateganyo.

Icyakora yaba u Bubiligi, u Bufaransa n’indi miryango ifasha abantu kuboneza urubyaro ntibyumva impamvu Amerika ishaka gutwika iyo miti n’ibikoresho.

Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga y’u Bubiligi, yagize iti “Turi gushaka inzira zose zishoboka zo gukumira itwikwa ry’iyi miti, harimo no kuba twayimurira ahandi by’agateganyo.”

Igikorwa cyo gutwika iyo miti kikazatwara angana n’ibihumbi 167.000$.

Umudepite wo mu Bufaransa, Soumya Bourouaha, we yandikiye ibaruwa Minisitiri w’Intebe w’igihugu cyabo amusaba kugira icyo akora kugira ngo iyo imiti ibungwabungwe kandi igezwe ku bayikeneye.

Umuvugizi w’Umunyamabanga wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika Ushinzwe Ububanyi n’Amahanga, yavuze ko imiti izatwikwa ifatwa nka ‘abortifacient’ (ituma umuntu akuramo inda) mu kubahiriza amategeko abuza gutanga inkunga ku miryango itari iya Leta ikora cyangwa igamije ibikorwa byo gukuramo inda. Yavuze ko udukingirizo tutazatwikwa.

Gusa umudepite w’Umu -démocrate wasuye ububiko bwo mu Bubiligi yashimangiye ko nta bwoko bw’imiti yo gukuramo inda babonyemo.

Ati “Twabonyemo ibikoresho byifashishwa mu kuboneza urubyaro gusa, nta miti yo gukuramo inda yari ihari.”

Umuhanga mu by’ubuzima bw’imyororokere mu Bwongereza, Dr Janet Barter yavuze ko gukuramo inda biba igihe yamaze guterwa umuntu hanyuma imiti igatuma ivamo na ho kuboneza urubyaro bikorwa umuntu ataratwita bityo ko ntaho bihuriye.

Ubushakashatsi bwakozwe n’ikigo cya Guttmacher Institute, bwagaragaje ko mu 2024 Leta Zunze Ubumwe za Amerika yatangaga miliyoni 600$ mu bikorwa byo kuboneza urubyaro mu mahanga, ibintu byafashije mu kwirinda ipfu z’ababyeyi 34.000, binatuma abarenga miliyoni eshanu badakuramo inda.

Amerika igiye gutwika imiti yifashishwa mu kuboneza urubyaro ya miliyoni 9,7$

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages