Ibi yabivuze mbere y’uko ahurira na mugenzi we w’u Bushinwa Xi Jinping, i Busan muri Koreya y’Epfo.
Trump ati “Leta Zunze Ubumwe za Amerika zifite intwaro za nucléaire
nyinshi kurusha ibindi bihugu byose. Twavuguruye ndetse dusana zisanzwe, muri manda yanjye ya mbere.
Sinigeze nifuza ku bikora kuko izi mbunda zirangiza ariko nta yandi mahitamo mfite.”
Trump yavuze ko u Burusiya ari ubwa mbere mu gihe u Bushinwa ari ubwa gatatu, ariko buzazanzahuka mu myaka nk’itanu iri imbere.
Ati “Kuko ibindi bihugu biri kugerageza intwaro na gahunda zabyo za nucléaire, nategetse Minisiteri y’Intambara gutangira kugerageza izacu. Ibi bigomba guhita bitangira.”
Amerika yahagaritse ibyo kugerageza intwaro za nucléaire mu 1992 nyuma y’uko Inteko Ishinga Amategeko yemeje itegeko ribikuraho.
Ubwo Trump yari muri manda ye ya mbere, bamwe mu bayobozi ba Amerika icyo gihe basabye ko iri tegeko ryakurwaho kuko Washington yashinjaga u Bushinwa n’u Burusiya kugerageza izi ntwaro rwihishwa bikorewe mu butaka, icyakora ibi bihugu bibyamaganira kure.
U Bushakashatsi bwakozwe na Stockholm International Peace Research Institute, bugaragaza ko Amerika ifite nucléaire za 5.177, u Burusiya bukaba bufite 5.459, mu gihe u Bushinwa byitezwe ko buzagera ku zingana na 1.500 mu mwaka wa 2035.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!