Ibyo bitangajwe nyuma y’uko muri iki cyumweru Iran yongeye kugaba ibitero bya misile na drones muri Kuwait na Bahrain. Ni nyuma y’uko Amerika na yo yari yahanuye drones za Iran zerekezaga mu Muhora wa Hormuz.
Reuters yantangaje ko amakuru ava muri Amerika yemeza ko Minisitiri w’Imari muri Amerika, Scott Bessent, yamaze gutanga amabwiriza yo kubarura no kugena agaciro k’ibyangijwe n’ibitero Iran yagabye ku bihugu by’inshuti za Amerika mu Burasirazuba bwo Hagati.
Amerika kandi iri gutekereza gukoresha imitungo ya Iran yaba iyafatiwe cyangwa indi ishobora kugerwaho, mu gusana ibyo byangijwe ndetse no kwishyura ibindi bishobora kuzangizwa n’ibitero Iran yakomeza kugaba kuri ibyo bihugu mu gihe kiri imbere.
Ibi bibaye nyuma y’umunsi umwe Mohsen Rezaei, umwe mu bajyanama b’Umuyobozi w’Ikirenga wa Iran, atangaje ko amasezerano y’amahoro hagati y’ibihugu byombi ashobora kugerwaho gusa ari uko Amerika ibanje kurekura miliyari 24$ za Iran zafatiriwe.
Nubwo impande zombi zimaze iminsi zigerageza ibiganiro byo guhagarika iyi ntambara imaze amezi atatu, ibimenyetso bigaragaza ko ibyo biganiro bikomeje kugorana.
Ku wa Gatandatu tariki ya 6 Gicurasi 2026, ingabo za Amerika zagabye ibitero ku birindiro bya Iran biri ahitwa Goruk hamwe no ku Kirwa cya Qeshm kiri ahagana mu Muhora wa Hormuz.
Ibyo byabaye nyuma y’amasaha make ubuyobozi bw’igisirikare cya Amerika butangaje ko bwahanuye drones ebyiri za Iran buvuga ko zashakaga guhungabanya urujya n’uruza rw’ubwikorezi bwo mu nyanja.
Ni mu guhe kandi umutwe w’Ingabo za Iran uzwi nka IRGC watangaje ko wagabye ibitero bya misile ku birindiro bya Amerika biri muri Kuwait na Bahrain.
Iran yo yatangaje ko misile zayo zageze ku birindiro bya Amerika muri ibyo bihugu byombi, ariko igisirikare cya Amerika kivuga ko misile esheshatu zahagaritswe mu kirere mu gihe iya karindwi itigeze igera ku ntego yayo.
Minisitiri w’Umutekano w’Imbere muri Pakistan isanzwe ari umuhuza, Mohsin Naqvi yerekeje muri Iran ku wa Gatandatu ajyanye ubutumwa bugenewe Umuyobozi w’Ikirenga wa Iran, Ayatollah Mojtaba Khamenei ndetse yagiranye ibiganiro n’abandi bayobozi hashakwa uburyo ibiganiro by’amahoro byakomeza.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!