00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Amerika ishobora gufatira ibihano Espagne

Yanditswe na Utuje Cedric
Kuya 24 April 2026 saa 01:38
Yasuwe :

Leta Zunze Ubumwe za Amerika zishobora gufatira ibihano igihugu cya Espagne byo kuyikura mu Muryango wa OTAN kubera kwinangira kuyifasha mu ntambara ihanganyemo na Iran.

Ibi byatangajwe n’umwe mu bayobozi ba Amerika wabwiye Reuters ko yabibonye mu butumwa bwa email ya Minisiteri y’Intambara bugaragaza ko iki gihugu gishobora gufatira ibihano ibihugu byanze kuyifasha mu ntambara bahanganyemo na Iran.

Ubu butumwa bugaragaza ko Amerika yatangiye gukurikirana uburyo igihugu cy’u Bwongereza kigenzura ibirwa bya Falkland biherereye mu Majyepfo y’Inyanja ya Atlantic.

Ubwo butumwa burimo ingingo yerekana ko Amerika yarakariye ibihugu byanze kuyiha uburenganzira bwo gukoresha ibirindiro byayo muri ibyo bihugu ku kurasa Iran.

Umwe mu bayobozi ba OTAN babajijwe niba bishoboka ko igihugu kimwe gishobora gukura ikindi muri uyu muryango yavuze ko bidashoboka.

Perezida wa Amerika, Donald Trump, yakunze kumvikana anenga ibihugu byo mu Muryango wa OTAN kubera ko byanze kohereza ubufasha igihugu cye mu kureba uburyo hafunguruwa umuhora wa Hormuz.

Kuva Amerika na Israel byagaba ibitero kuri Iran ku wa 28 Gashyantare 2026, Washington yari yizeye ubufasha bw’abo mu Burayi cyane ko ari inshuti.

Ni na bwo yasabye u Bwongereza kubafasha mu buryo butandukanye Amerika ishaka gukoresha ibirindiro by’u Bwongereza ariko buba ibamba.

Ku rundi ruhande Espagne yimye uburenganzira Amerika bwo gukoresha ibirindiro by’ingabo byo mu bice ya Rota na Moron kugira ngo igabe ibitero muri Iran.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages