Mu bihe bitandukanye, Amerika yakunze kuvuga ko Venezuela yabaye indiri y’ibiyobyabwenge, byinshi bikinjizwa muri Amerika biturutse muri icyo gihugu.
Byageze ubwo bamwe mu bayobozi ba Amerika bashinja Perezida wa Venezuela kugira uruhare muri ibyo bikorwa ndetse nawe akaba yungukira muri ubwo bucuruzi. Ni ibintu Perezida Nicholas Maduro yahakanye yivuye inyuma, akavuga ko bigamije gushaka impamvu yatuma Amerika igaba ibitero ku gihugu cye.
Amerika yamaze kohereza ubwato umunani bw’intambara hafi ya Venezuela ndetse yanahohereje ubwato bw’intambara ariko bugendera munsi y’amazi.
Bivugwa ko Amerika ishobora kurasa ibirindiro by’iyo mitwe icuruza ibiyobyabwenge, harimo n’ikorera mu Murwa Mukuru w’icyo gihugu, Caracas.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!