00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Amerika itewe impungenge n’icyemezo cya Putin cyo guha Koreya ya Ruguru intwaro

Yanditswe na ⁠Ishimwe Hervine
Kuya 21 June 2024 saa 07:36
Yasuwe :

Leta Zunze Ubumwe za Amerika zagaragaje impungenge zitewe n’icyemezo Perezida Vladimir w’u Burusiya yafashe cyo kohereza intwaro muri Koreya ya Ruguru.

Umuvugizi w’ibiro bya Amerika bishinzwe ububanyi n’amahanga, Matthew Miller, yagaragaje ko iki cyemezo Putin yatangaje ubwo yari muri Koreya ya Ruguru kizahungabanya umutekano w’akarere Koreya iherereyemo.

Yagize ati “Kizahungabanya igice cya Koreya bitewe n’intwaro bazatanga, kandi kirenga ku myanzuro y’akanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe umutekano u Burusiya ubwawo bwashyigikiye.”

Umunyamabanga wa Amerika ushinzwe ububanyi n’amahanga, Antony Blinken, yatangaje ko igihugu cyabo kizafata ingamba zikurikira ishyirwa mu bikorwa ry’icyemezo cy’u Burusiya, zirimo kongera ibihano ku bindi bwafatiwe, buzira gushoza intambara kuri Ukraine.

Koreya y’Epfo isanzwe idacana uwaka na Koreya ya Ruguru, na yo yagaragaje ko icyemezo cya Putin kizahungabanya umutekano w’akarere, iteguza ko nigishyirwa mu bikorwa, na yo izohereza intwaro muri Ukraine kugira ngo ibone imbaraga zisumbuyeho zo guhangana n’ingabo z’u Burusiya.

Ambasaderi w’u Burusiya muri Koreya y’Epfo, Georgy Zinoviev, yavuze ko nta gihugu gikwiye gutera ubwoba cyangwa gusebya igihugu cyabo, agaragaza ko Putin azasohoza isezerano yahaye Koreya ya Ruguru.

Umujyanama wa Perezida wa Koreya y’Epfo mu by’umutekano, Chang Ho-jin, yaciye amarenga ko igihugu cyabo gishobora kuba cyisubiye ku butumwa cyari cyahaye u Burusiya, asobanura ko kizasuzuma integuza yo guha Ukraine intwaro.

Matthew Miller yagaragaje ko Amerika itewe impungenge n'icyemezo cya Putin

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages