Ishami ry’Umuryango w’Abibumnye ryita ku buzima – OMS/WHO – riravuga ko indwara ya Ebola ishobora kutibasira cyane ibihugu byo mu Burayi na Amerika kubera ko bifite inzego z’ubuvuzi zikomeye.
Perezida wa Leta zunze ubumwe z’ Amerika, Barack Obama yavuze ko ibyago byo kugira ngo abanyamerika bandure iyo ndwara bikiri kure nubwo bwose yasabye ko irushaho guhagurukirwa.
BBC dukesha iyi nkuru iravuga ko Leta zunze Ubumwe z’Amerika zirimo gukora iperereza ku kuntu umuforomokazi wanduye iyo ndwara igihe yavuraga umunyaliberia yahitanye yemerewe gukora urugendo rw’indege. Abategetsi ba Amerika bakaba barimo gushakisha abagenzi 132 bari kumwe nawe muri iyo ndege, ngo nabo bakurikiranirwe hafi.
Abaminisitiri bashinzwe ubuzima bo mu bihugu bigize umuryango w’ubumwe bw’Uburayi barahurira kuri uyu wa kane I Buruseli mu Bubirigi kugirango bige ku ngamba zafatwa kugirango iyo ndwara ikumirwe.
Indwara ya Ebola imaze guhitana abantu hafi 4500 cyane cyane muri Liberia, Sierra Leone na Guinee.



















TANGA IGITEKEREZO