00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Amerika: Trump mu mazi abira nyuma yo guterwa utwatsi n’Urukiko rw’Ikirenga

Yanditswe na Muhonzire Sylvine
Kuya 20 January 2022 saa 06:04
Yasuwe :

Urukiko rw’Ikirenga muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika rwateye utwatsi ubusabe bw’uwahoze ari Perezida w’iki gihugu, Donald Trump, bwo kugira ibanga amakuru y’Ibiro bya White House ashobora kwerekana uruhare rwe mu gukongeza imyigaragambyo yabereye ku Nteko Ishinga Amategeko y’icyo gihugu ku wa 6 Mutarama 2021, ikagwamo abantu batanu barimo n’umupolisi.

Komite y’abadepite batoranyijwe kugira ngo bakurikirane uru rubanza rwa Trump nibo batse aya makuru bavuga ko bakeneye inyandiko zerekana abantu basuye White House, amajwi ya telefoni ndetse n’inyandiko yagiranye n’abajyanama be kugira ngo basuzume uruhare uyu muyobozi yaba yaragize muri iyi myigaragambyo.

Trump yasabye ubutabera kudatanga aya makuru kuko hari itegeko rimurengera rizwi nka ‘Executive Privilege’ rivuga ko amakuru ajyanye n’itumanaho ya Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika ndetse n’abandi bayobozi bakuru agomba kugirwa ibanga.

Urukiko rw’Ubujurire rw’i Washington rwanze ubu busabe kuwa 9 Ukuboza 2021 buvuga ko nta shingiro Trump afite ryo kuvuguruza icyemezo cya Perezida Joe Biden cyo gutanga aya makuru.

Kuri uyu wa 20 Mutarama 2022, Urukiko rw’Ikirenga narwo rwabiteye utwatsi ruvuga ko kuba Trump agaragaza ko afite itegeko rimurengera kuko yabaye Perezida bidakuraho icyemezo cy’Urukiko rw’Ubujurire, bivuze ko amakuru yose yasabwe azatangwa.

Trump mu mazi abira nyuma yo guterwa utwatsi n'Ukukiko rw'Ikirenga

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages