00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Amerika yajyanye mu nkiko Uber iyishinja kuvangura abafite ubumuga

Yanditswe na Utuje Cedric
Kuya 15 September 2025 saa 06:26
Yasuwe :

Sosiyete ya Uber itanga serivisi z’ingendo yifashishije porogaramu z’ikoranabuhanga zihuza abagenzi n’imodoka yajyanywe mu rukiko na Guverinoma ya Amerika iyishinja ivangura mu bakiliya bayo bafite ubumuga.

Mu birego byatanzwe na Minisiteri y’Ubutabera mu Rukiko rwo mu Mujyi wa San Francisco byavugaga ko abashoferi ba Uber bakunze kwanga gutwara abafite ubumuga harimo abatabona bakunze gufashwa n’inyamaswa ndetse n’abafite amagare abafasha.

Iyi Minisiteri kandi yagaragaje ko Uber n’abashoferi bayo bakunze kongeraho amafaranga y’inyongera kuri aba bantu bafite ubumuga, aho bavuga ko ari ayo gusukura aho inyamaswa zibafasha zanduje mu modoka. Gusa iyo bamwe banze kuyishyura ntabwo bajya babatwara ndetse n’ibindi bibazo bagaragaje.

Ibirego byagiraga biti “Ivangura rikorerwa abafite ubumuga muri Uber ryatumye abenshi muri bo bahomba amafaranga, barahangayika ndetse abandi batangira no kugira agahinda gakabije.”

Uber ntabwo yigeze igira icyo itangaza kuri ibi birego

Ntabwo ubwa mbere Uber ijyanywe mu nkiko kubera gufata nabi abakiliya kuko muri 2022 yajyanywe mu rukiko n’abagore 550 bashinjaga abashoferi bayo kubakorera ihohotera rishingiye ku gitsina.

Uber yajyanwe mu rukiko kubera ivangura mu bafite ubumuga

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages