00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Amerika yarashe ku bwato bwa Iran

Yanditswe na Mugisha Christian
Kuya 20 April 2026 saa 08:34
Yasuwe :

Leta Zunze Ubumwe za Amerika zarashe zinafatira ubwato bw’imizigo bwa Iran bwitwa Touska mu Kigobe cya Persie [Persian Gulf]. Perezida Donald Trump yatangaje ko ubu bwato bufite uburebure bwa metero hafi 275; bujya kungana nk’ubwato bunini butwara indege z’intambara, bwagerageje kurenga aho igisirikare cya Amerika kigoteye ibyambu ya Iran.

Nyuma y’uko ubu bwato bwarenze ku mabwiriza yo guhagarara bwari buri guhabwa, igisirikare kirwanira mu mazi cya Amerika cyarashe ahaba moteri yabwo.

Iran yise ifatirwa ry’ubu bwato igikorwa cy’ubwambuzi bwitwaje intwaro, yizeza kwihimura vuba. Iki gihugu kandi cyatangaje ko ibi ari ukurenga ku masezerano yo guhagarika imirwano y’ibyumweru bibiri yemeranyijweho n’impande zombi.

Ibi bibaye mu gihe Amerika yavuze ko hari ibindi biganiro by’amahoro byari biteganyijwe muri Pakistan, ariko abayobozi ba Iran bavuze ko batazitabira mu gihe igikorwa cya Amerika cyo gufunga ibyambu byayo kigikomeje.

Mu minsi ishize Iran yisubiyeho ifunga inzira ya Hormuz ishinja Amerika kutubahiriza ibyari byemeranyijweho. Iyi nzira itaramaze amasaha 24 ifunguye yari yafunguwe ku wa Gatanu.

Amerika yarashe ndetse ifatira ubwato bwa Iran bwikoreye imizigo

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages