00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Amerika yashyizeho igihembo cya miliyoni $5 ku mutwe w’Umuyobozi wa Al Shabab

Yanditswe na Rosine Ingabire
Kuya 18 October 2023 saa 09:00
Yasuwe :

Leta Zunze Ubumwe za Amerika zashyizeho igihembo cya miliyoni $5 ku muntu wese uzatanga amakuru azatuma hafatwa umuyobozi w’umutwe wa Al Shabab, Abukar Ali Adan.

Adan washyizwe mu byihebe mpuzamahanga mu 2018, asanzwe ari Umuyobozi wungirije wa Al Shabab, akaba agira uruhare rukomeye mu guhuza amashami atandukanye y’uwo mutwe n’undi mutwe w’iterabwoba wa Al Qaeda.

Al Shabab ni umutwe umaze imyaka isaga 15 warazonze Leta ya Somalia. Mu 2011/2012 warushijwe imbaraga n’ingabo za Leta n’amahanga, uva mu bice by’umujyi wimukira mu bice by’icyaro ari naho ukunze kuva ugaba ibitero ku bice bitandukanye.

Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Amerika igaragaza uwo mutwe nk’ikibangamiye amahoro mu ihembe rya Afurika ndetse n’inyungu z’icyo gihugu n’abafatanyabikorwa bacyo.

Al shabab imaze imyaka isaga 15 iyogoza Somalia

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages