00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Amerika yashyizeho umusoro wa 25% ku bicuruzwa bituruka mu Buyapani na Koreya y’Epfo

Yanditswe na Umwali Zhuri
Kuya 7 July 2025 saa 07:56
Yasuwe :

Leta Zunze Ubumwe za Amerika zashyizeho umusoro ku bicuruzwa bituruka mu Buyapani ndetse na Koreya y’Epfo, nyuma y’uko iminsi yari yagenwe y’ibiganiro hagati y’impande zombi irangiye nta kigezweho.

Uyu musoro uzatangira kubahirizwa ku itariki ya 1 Kanama, aho ibicuruzwa byose bituruka muri ibyo bihugu bizashyirirwaho uwo musoro.

Adaciye ku ruhande, Trump yavuze ko ikinyuranyo kinini kiri hagati y’ibyo Amerika yohereza mu Buyapani na Koreya y’Epfo n’ibyo ikurayo ari "Ikibazo kinini ku bukungu bwacu n’umutekano w’igihugu cyacu."

Mu minsi mike iri imbere, Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika ari bwongere imisoro ku bihugu bihugu, bikavugwa ko n’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi uzagirwaho ingaruka n’icyo cyemezo.

Vietnam iherutse kugirana amasezerano na Amerika, aho yemeye ko ibicuruzwa biva muri Amerika bizajya byinjira muri icyo gihugu nta musoro n’umwe bitanze, mu gihe ibiva muri Vietnam byinjira muri Amerika bizajya byishyura umusoro wa 20%.

Ibicuruzwa byakorewe mu kindi gihugu, wenda nko mu Bushinwa, ariko bikanyuzwa muri Vietnam, byo bizajya byishyura umusoro wa 40% mbere yo kwinjira ku isoko rya Amerika.

Amerika yashyizeho umusoro wa 25% ku bicuruzwa bituruka mu Buyapani na Koreya y'Epfo

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages