Ku wa Gatanu CNN yanditse ko ibi bitero byo kwohorera ari intangiriro y’urukurikirane rw’ibyo Amerika igiye kugaba ku mitwe yitwara gisirikare ifashwa na Iran mu mu Burasirazuba bwo Hagati.
Minisiteri y’Ingabo muri Amerika ivuga ko mu ijoro ryo ku itariki 2 Mutarama 2024 hagabwe ibitero 85 ku bikorwa by’imitwe y’iterabwoba birenga 125 muri Iraq na Syria harimo n’ibisasu byarasirwaga muri Amerika. Mu bikorwa byarashweho harimo ibigo by’ubutasi, ububiko bw’intwaro, ibirindiro ndetse n’ibindi imitwe y’iterabwoba ikoresha.
Ubuyobozi bwa Amerika kandi buvuga ko bwihanangirije Iran inshuro zihagije ariko igakomeza gushyigikira umutwe wa ’Islamic Resisitance’ ari yo mpamvu hateguwe ibitero birenze kimwe byo kwihorera.
Perezida Joe Biden ashinja Iran kuba yaratanze intwaro abarwanyi ba Islamic Resisitance bakoresheje mu gutera Ingabo za Amerika mu Burasirazuba bwo Hagati inshuro zirenga 150 kuva intambara ya Israel na Hamas yatangira.
Uyu mutwe wa ’Islamic Resisitance’ Iran ishinjwa gushyigikira, Amerika ivuga ko ubarizwamo amashami menshi y’indi mitwe y’iterabwoba ari mu Burasirazuba bwo Hagati ndetse inyeshyamba zayo zikaba zigaba ibitero mu bihe binyuranye muri iki gice ku nkunga ya Leta ya Iran.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!