00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Amerika yategetse Iran kwatura ko itazakomeza kurasa ubwato muri Hormuz

Yanditswe na IGIHE
Kuya 11 July 2026 saa 05:54
Yasuwe :

Leta Zunze Ubumwe za Amerika zasabye Iran gutangaza ku mugaragaro ko inzira ya Hormuz ifunguye ndetse ikiyemeza guhagarika kurasa ku bwato bw’ubucuruzi bunyura muri ako gace.

Iki cyifuzo cya Amerika cyaje nyuma y’ibitero byabaye muri iki cyumweru aho amato atatu atwara ibicuruzwa, arimo n’ibikomoka kuri peteroli, yagabweho ibitero, bigatuma habaho guhangana hagati ya Iran na Amerika.

Perezida wa Amerika, Donald Trump, yavuze ko ibyo bikorwa bya Iran bisobanuye ko amasezerano y’agahenge atagikurikizwa, ariko ko ibiganiro bigamije kurangiza intambara bizakomeza. Ku rundi ruhande, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran, Abbas Araghchi, yashinje Amerika kurenga ku masezerano yari yarumvikanyweho.

Iyi ntambara yatangiye nyuma y’ibitero bya Amerika na Israel byabaye ku wa 28 Gashyantare, bituma Iran na yo igaba ibitero kuri Israel ndetse no ku bikorwa bya Amerika n’abafatanyabikorwa bayo mu Burasirazuba bwo Hagati. Muri Kamena 2026, Amerika na Iran byari baragiranye amasezerano yo guhagarika intambara, aho Iran yemeye ko ubwato bw’ubucuruzi buzajya bunyura muri Hormuz nta nkomyi.

Abayobozi ba Amerika bavuze ko ubutumwa bwo gusaba Iran gutangaza ko Hormuz ifunguye no guhagarika kurasa ku bwatoo bwagejejwe ku bayobozi bayo binyuze mu bahuza bo mu karere. Umwe mu bayobozi yavuze ko Iran igomba gutangaza ayo magambo kugira ngo ibiganiro bibyare umusaruro ufatika.

Inzira ya Hormuz ni ingenzi ku bukungu bw’Isi kuko hafi 20% bya peteroli na gaze bikoreshwa ku Isi buri munsi ari ho binyura.

Amerika yategetse Iran gutangaza ko itazongera kurasa ubwabo muri Hormuz

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages