00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Amerika yemeje ibitero byo kwihorera kuri Iran

Yanditswe na Léonidas Muhire
Kuya 2 February 2024 saa 07:37
Yasuwe :

Ubuyobozi bwa Leta zunze Ubume za Amerika bwatangaje ko mu gihe kiri imbere buzagaba ibitero ku bakozi ba Iran no ku bindi bikorwa by’icyo gihugu biri muri Iraq na Syria mu rwego rwo kwihorera.

Ikinyamakuru CBS cyanditse ko Amerika ishaka kwihorera ku gitero cya drone ishinja Iran kugiramo uruhare cyabaye ku itariki 28 Mutarama 2024 kigabwe na ’Islamic Resisitance’ kigahitana abasirikare bayo batatu muri Jordanie. Iran na yo yavuze ko itazatindaganya gusubiza Amerika nitangira kuyirasaho.

Ku wa Kabiri w’iki cyumweru Perezida Joe Biden yashimangiye ko yamaze kwanzura uburyo kwihorera bizakorwamo nubwo atatanze amakuru arambuye kuri byo.

Amakuru y’igihe nyacyo ibi bitero bizagabirwa ntaramenyekana neza, gusa bizamara igihe kibarirwa mu byumweru nk’uko NBC yabitangaje. Mu bihe bitandukanye Amerika yagiye igerageza kugaba ibitero shuma ku mutwe wa ’Islamic Resistance’ ufashwa na Iran.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages