00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Amerika yemeje ko hari abaturage bayo bakomeje kuburirwa irengero muri Iraq

Yanditswe na

Jean Baptiste Nshimiyimana

Kuya 20 January 2016 saa 06:48
Yasuwe :

Nyuma y’uko bimwe mu bitangazamakuru byo muri Iraq bitangaje ko hari Abanyamerika batatu bashimuswe n’abarwanyi mu Murwa mukuru Baghdad, Ambasade ya Amerika muri iki gihugu nayo yemeje ko hari abaturage bayo benshi baburiwe irengero.

Ambasade ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika muri Iraq yavuze ko hari Abanyamerika benshi babaga muri iki gihugu baburiwe irengero.

Umuvugizi wa Ambasade ya Amerika muri Iraq, Scott Bolz yagize ati “Turi gukorana mu buryo bwa hafi n’ubuyobozi bwa Iraq kugira ngo tumenye aho abo baturage ba Amerika baherereye.”

Gusa Bolz ntiyatangaje amazina y’ababuriwe irengero n’icyo bakoraga, ndetse Umuvugizi w’ibiro bishinzwe ububanyi n’amahanga muri Amerika, John Kirby yavuze ko nta byinshi bagomba kuvuga kubera impamvu z’umutekano.

Ati “Kumererwa neza n’umutekano w’Abanyamerika baba mu bihugu byo hanze tubiha umwanya wa mbere.”

Nubwo nta mutwe wari wigamba ibikorwa byo gushimuta aba baturage ba Amerika, Aljazeera dukesha iyi nkuru yavuze ko ibikorwa nk’ibi bikorwa n’ishami ry’umutwe wa Islamic State rikorera muri Iraq, abarwanyi b’Abashia n’amabandi aba akeneye kubona ingurane y’amafaranga.

Ambasade ya Amerika muri Iraq

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages