Ni ibiganiro byabaye ku wa 28 Ukuboza 2025, bigaruka ku masezerano y’amahoro hagati y’u Burusiya na Ukraine.
Nyuma y’ibi biganiro Perezida Zelenskyy yagaragaje ko amaserano ari hafi kugerwaho gusa avuga ko yari kwishimira ko iyi myaka iba ari 50 aho kuba 15.
Yagize ati “Tutarindiwe umutekano ntabwo twavuga ko iyi ntambara yarangiye kuko ntabwo twakwemeza ko yarangiye dufite umuturanyi umeze kuriya akantu kose kazana umwuka mubi.”
Kugeza ubu ikibazo Zelensky asigaranye cyane mu masezerano ni ibice bikigenzurwa n’u Burusiya ndetse n’uruganda rwa nucléaire rwo muri Zaporizhzhia kuri ubu rugenzurwa n’u Burusiya.
U Burusiya bwagiye busaba ko Ukraine yakura ingabo zayo mu bice bugenzura ariko Zelenskyy we avuga ko umwanzuro w’ikizakorwa muri utwo duce ugomba kugirwamo uruhare n’abaturage ba Ukraine harimo n’icyo kuhagira uduce tutagenzurwa n’umuntu n’umwe.
Ku ruhande rwa Amerika ifite uruhare muri aya masezerano, yo yagiye itangaza ibitandukanye ku gihugu kizagumana utwo duce aho rimwe igaragaza ko u Burusiya bwatugumana ubundi ikagaragaza ko twasubirana Ukraine.
Icyakora muri rusange nyuma y’ibi biganiro Trump yagaragaje ko aya masezerano ageze ku kigero cya 95% kugira ngo agerweho, ndetse ko umutekano wijejwe Ukraine uzashyirwa mu bikorwa ari uko ayo masezerano yasinywe.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!