00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Amerika yishe babiri bateguye ibitero by’ubwiyahuzi i Paris

Yanditswe na IGIHE
Kuya 13 December 2016 saa 05:57
Yasuwe :

Abagabo babiri bakekwaho kugira uruhare mu bitero by’ubwiyahuzi byagabwe mu Bufaransa mu mpera z’umwaka ushize, biciwe muri Syria n’igitero cy’indege za Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Abo ni abitwa Salah Gourmat na Sammy Djedou, bari abarwanyi ba Islamic State nk’uko byatangajwe na Amerika.

Baciwe rimwe kandi n’undi wagerageje kugaba igitero mu Bubiligi mu 2015, bikamupfubana, bombi bishwe n’ubundi barimo bategura kugaba ibindi bitero mu Burayi.

Ibitero by’ubwiyahuzi byagabwe mu Bufaransa mu Ugushyingo 2015, byahitanye abantu bagera ku 130, na ho 350 barakomereka.

Abiyahuzi bagabye ibitero i Paris mu murwa mukuru w’iki gihugu bakoresheje imbunda n’ibisasu, kandi babigabira icya rimwe ahantu hatandukanye.

Ibitero byagabwe ahantu hatandukanye mu Bufaransa byahitanye abagera ku 130

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages